Ingengo y’imari yagenewe urwego rw’ubuhinzi iracyari iyanga- Abasesenguzi

Komisiyo ishinzwe ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda  iravuga ko ibiganiro yagiranye na minisiteri y’imari n’igenamigambi ku ngengo y’imari ya 2020/21 ivuguruye byatumye urwego rw’ubuhinzi rwongererwa ingengo y’imari aho kugabanywa.

Ku wa 11 Gashyantare 2021, ni bwo Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel NDAGIJIMANA, yagejeje ku Nteko umushinga w’Itegeko ry’Ingengo y’imari y’umwaka wa  2020/21 ivuguruye, igaragaza ko yiyongereyeho miliyari 219.1 z’amafaranga y’u Rwanda.

Muri uyu mushinga byagaragajwe ko urwego rw’ubuhinzi rwari rwagabanirijwe amafaranga kuko minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi n’ikigo kiyishamikiyeho gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi RAB byombi byari byatswe 9% by’ingengo y’imari byari byaragenewe.

Ni ibintu byari byateye abadepite bagize komisiyo y’ingengo y’imari kwibaza impamvu  urwego rw’ubuhinzi rwatswe amafaranga mu gihe hari ibindi bigo bya leta byari byongerewe ingengo y’imari ku gipimo cya 90%.

Hon Prof Omar MUNYANEZA ni perezida w’iyo Komisiyo aragira ati “Minagri ingengo y’imari yayo yagabanutse ku kigero cya 4.1% ndetse n’iya RAB  kiriya kigo cy’ubuhinzi  nacyo yagabanutse kuri 4.9%.  Aha rero tukibaza  tuti ese ni imishinga yakuwemo? ”

Urugaga rw’abahinzi n’aborozi mu Rwanda narwo ntirwari rwakiriye neza ibyo kugabanyiriza ingengo y’imari urwego rw’ubuhinzi, perezida w’Urugaga Imbaraga rubumbiye hamwe abahinzi mu Rwanda Bwana Jean Paul MUNYAKAZI asanga kuba ubuhinzi buri mu nzego zazahaye muri iki gihe kandi rubarizwamo abaturage batari bake, rwari rukwiye kongererwa ubushobozi aho kwakwa  na duke rwari rwaragenewe.

Munyakazi ati “Ni urwego rugizwe n’abaturage benshi kandi usanga muri rusange abaturage baragizweho ingaruka. Nta buryo rwavuga ko urwego rufite 38% mu musaruro mbumbe w’igihugu ari rwo rwakagombye  kutongererwa ubushobzi ku buryo bugaragara.”

Komisiyo ishinzwe ingengo y’imari n’umutungo w’igihugu mu nteko ishingamategeko  ivuga ko nyuma y’ibiganiro yagiranye na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi habonetse amafaranga y’u Rwanda Miliyari Imwe na miliyoni 300 zisaga yongerewe urwego rw’ubuhinzi, kandi na miliyari 3 na miliyoni 300 byagaragaraga ko yatswe ikigo RAB  yasobanuwe ko yahamye mu rwego rw’ubuhinzi mu buryo Hon. Prof Omar MUNYANEZA uyobora iyo komisiyo yadusobanuriye.

Munyanezaati“RAB yarongeye ihabwa miliyari imwe na miliyoni 350 kugira ngo  babashe gutunganya ibishanga  ndetse bajye no gutunganya  urugomero rw’amazi rwa Rurambi rujya ruteza ibibazo by’imyuzure ku baturage  bahahnga. Izo miliyari rero zakuwe  muri RAB miliyari 3 na miliyoni 300  zoherezwa mu turere, noneho twe Abadepite igihe twabazaga twarabazaga tuti kuki yagabanutse?  Ariko urumva yari yagumye mu buhinzi  ahubwo yoherejjwe mu turere kugira ngo areke gucungwa na RAB noneho ahubwo uturere aritwo tujya gukemura bya bibazo bya nkunganire. ”

Ku rundi ruhande ariko impuguke mu bukungu zo zisanga kugeza ubu u Rwanda rutaragera ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari igenerwa ubuhinzi.

Dr. Canisus BIHIRA na mugenzi we Straton HABYARIMANA barabisobanura.

Dr. Bihira ati “Ingengo y’imari igenerwa ubuhinzi ni ntoya cyane ikwiye kuzamurwa.  ariko si no kuyizamura gusa ni ukureba ibintu igihugu gikeneye  mu buhinzi n’ubworozi.  Noneho ikazamurwa ikurikije ibyo bintu bikenewe. ”

“Muri ino ngengo y’imari ivuguruye ni ukuvuga ngo amafaranga mashya cyangwa se yiyongereyeho azajya mu mishinga ya leta, akenshi rero ni gake tubona imishinga ya leta igana mu buhinzi.” Straton HABYARIMANA, ni impuguke mu bukungu

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko impinduka mu ngengo y’imari zishingiye ku ngaruka zatewe n’icyorezo cya COVID-19.

Tariki 22 Gashyantare 2021, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rihindura itegeko  rigena ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2020/21, bivuze  ko iyi ngengo y’imari iri mu nzira zo kuvugururwa.

Biteganyijwe ko iri tegeko rigiye kunonosorwa hakurikijwe ibitekerezo byatanzwe n’Abadepite, nyuma rizashyikirizwe Umukuru w’Igihugu arisuzume arishyireho umukono rizabone gutangazwa mu igazeti ya Leta.

Tito DUSABIREMA