Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Ubwongereza: Ibibazo by’irondaruhu byavuzwe i Bwami bizakemurwa mu muryango - FLASH RADIO&TV

Ubwongereza: Ibibazo by’irondaruhu byavuzwe i Bwami bizakemurwa mu muryango

Ingoro y’Ubwami bw’Ubwongereza izwi nka Buckingham Palace yatangaje ko ibibazo by’irondaruhu byavuzweho n’igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle mu kiganiro bagiranye na Oprah Winfrey bizakemurirwa mu muhezo.

Mu itangazo ingoro y’ubwami bw’Ubwongereza yasohoye, yavuze ko ibyibukwa bishobora gutandukana, ariko ibibazo byavuzwe bizakemurwa mu buryo bwo mu muhezo.

Meghan yabwiye Oprah ko Harry yabajijwe n’umwe mu bo mu bwami bw’Ubwongereza utatangajwe izina ikigero cyo kwijima uruhu rw’umwana wabo Archie bari hafi kubyara rwashoboraga kuba ruriho.

Ubwami bw’Ubwongereza bwavuze ko Meghan na Harry bazahora iteka ari abagize umuryango bakunzwe cyane.

BBC yanditse ko iki gisubizo cyo mu ngoro ya Buckingham Palace kije nyuma y’uko kuri uyu wa Kabiri hateranye inama y’igitaraganya irimo bamwe mu b’ibwami bo ku rwego rwo hejuru.

Ubwami bw’Ubwongereza bwari burimo gukomeza kotswa igitutu ngo bugire icyo butangaza ku byavugiwe muri icyo kiganiro cyo kuri televiziyo ya CBS cyatangajwe muri Leta Zunz Ubumwe za Amerika kuri iki  cyumweru.