Kenya: Amerika yanyuzwe n’umwanzuro wa Perezida Ruto wo kuganira na Odinga

Ambasaderi wa Amerika muri Kenya madame Med Whitman yavuze ko yanyuzwe n’icyemezo cya Perezida William Ruto na Raila Odinga, batavuga rumwe cyo guhagarika ihangana.

Bwana Odinga bitunguranye kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata 2023, yatangaje ko imyigaragambyo ihagaze, agiye kuganira na mukeba we William Ruto.

Ambasaderi Whitman yavuze ko abanya Kenya, bose bakwiye gushyigikira umugambi w’ibiganiro nk’uyu kuko nta kiruta amahoro.

Ikinyamakuru the Star cyanditse ko Perezida Ruto, yabanje guca bugufi mbere akemera ko ashaka kumva Raila Odinga, kandi ko asanzwe ari umutegetsi wemera ubwumvikane.

Bwana Odinga yavuze ko uyu mwanzuro wa Ruto wo gushaka kuganira yawishimiye kandi ubusanzwe ngo si umugabo mubi.

Kureka iyi myigaragambyo kwatumye hari abategetsi benshi begamiye Raila Odinga, bari bafite ibirego byo kwigaragambya nta ruhushya byakuweho mu gihugu hose, ndetse n’abari bararekuwe hatanzwe ingwate ngo barazisubuzwa abakatiwe bagirwe abere.

Uyu mwanzuro wa Ruto na Odinga washimishije abategetsi bamwe muri Kenya, ariko bavuze ko babibonaga ko Perezida n’uwahoze ari minisitiri w’intebe bazageraho baaganira.