Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Abafite imyaka 18 kuzamura batangiye gukingirwa Covid-19 - FLASH RADIO&TV

Abafite imyaka 18 kuzamura batangiye gukingirwa Covid-19

Minisiteri y’ubuzima yatangiye gutanga urukingo rwa covid-19 ku cyiciro cy’abari hejuru y’imyaka 18 mu mujyi wa Kigali.

 Ni igikorwa kitezweho kuzamura umubare w’ababonye urukingo mu mujyi wa Kigali.

Minisiteri y’ubuzima igaragaza ko abarenga 90% bakingirwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu Mujyi wa Kigali.

Iki gikorwa kibaye mu gihe u Rwanda rumaze kurenza miliyoni y’abantu bamaze guhabwa urukingo rwa Covid-19. 

Inkingo ziri gutangirwa kuri site 37 zo gukingiriraho ziri ahanini ku biro by’imirenge yo mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali.

U Rwanda rufite gahunda yo kuba rwakingiye nibura 30% by’abarutuye mu mpera z’uyu mwaka wa 2021 bityo rukaba rukomeje  gushyira imbaraga mu kubona inkingo zihagije binyuze mu kuzigura, ndetse n’ubundi buryo bwose bwatuma abaturarwanda benshi bashoboka babona inkingo.

AMAFOTO