Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Silvio Berlusconi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani yapfuye - FLASH RADIO&TV

Silvio Berlusconi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani yapfuye

Silvio Berlusconi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, yitabye Imana afite imyaka 86 y’amavuko, kuri uyuw a Mbere tariki 12 Kamena 2023.

Ibitangazamakuru byo mu Butaliyani bivuga ko yaguye  mu bitaro bya San Raffaele i Milan.

Muri Mata 2023, yavuwe ‘infection’ y’ibihaha ifitanye isano n’indwara itaravuzwe mbere yari afite ya leukaemia.

Berlusconi yavuzwe cyane mu birego by’ubusambanyi na ruswa ari ku butegetsi ariko aza kubinesha agaruka muri politike.

Yari umuherwe utunze za miliyari washoye imari mu itangazamakuru, yageze ku butegetsi bwa mbere mu 1994 ayobora guverinoma enye kugeza mu 2011.

Muri Nzeri 2022, yatorewe kuba umusenateri, nyuma yo gufatanya n’amashyaka yagejeje ku butegetsi Giorgia Meloni, minisitiri w’intebe w’Ubutaliyani.