Kigali-Barasabira ibihano bikarishye ababicisha umwotsi w’itabi batarinywa

Bamwe mu baturage barasaba ko hashyirwaho ibihano bikarishye ku bantu babanywerera itabi imbere kandi bo barafashe ingamba zo kutarinywa.

Hari abatunga urutoki  ba nyir’utubari, amahoteli n’amaresitora gutiza umurindi aba barinywa kuko batabahwitura.

Imibare igaragaraza ko hirya no hino ku isi abahitanwa n’ingaruka ziturutse ku itabi bagera kuri miliyoni esheshatu buri mwaka, akaba ari ikintu giteye inkeke cyane.

Amabwiriza y’inzego z’ubuzima mu Rwanda abuza abantu kunywera itabi mu ruhame, nyamara abaganiriye na Flash bavuga ko batazi impamvu abanywera mu ruhame itabi bakigaragara hirya ni hino.

Aba baturage bavuga ko mu tubari no mu maresitora, bikigaragara aho no gukebura urinywa bidatanga umusaruro.

Umwe mu baturage yagize ati “Kubikora ni ukurenga ku mategeko yagiyeho, kuko hari ahaba handitse ngo birabujijwe kunywera itabi hano.”

Undi yunzemo ati “Birahari mu maresitora no mutubari, hari n’ababikora nk’agasuzuguro ariko hari n’imyumvire.”

Aha bavuga ko ibitiza umurindi birimo kudahana ba nyiritubari n’amaresitora, kuko aribo baba bakwiye gukebura umukiriya wa bo uba wabangamiye abandi.

Ikindi bagarukaho ni uko ahabugenewe kunywera itabi, usanga ahenshi hadahari.

Umwe ati “Ariko na ba nyir’utubari ntacyo babikoraho; burya ahari abantu batatu, bane,… nta muntu uba ukwiye kuhanywera itabi. Nta hantu hagahenewe kunywera itabi wabona hubatswe mu tubari cyangwa mu maresitora.”

Minisiteri y’Ubuzima iburira abantu kwirinda itabi, no kwegerana n’urinywa, kuko ryica n’utarimwa.

Dr. Ntaganda Evariste ushinzwe ubuvuzi bw’indwara z’umutima mu Ishami ry’indwara zitandura mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, arabisobanura.

Ati “Itabi rigira ingaruka ku buzima, ritera indwara zitandukanye zirimo umutima, ibihaha na kanseri. Ubushakashatsi bugaragaza ko umwotsi w’itabi wica n’utarinywa.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko igihugu kitazihanganira abica amabwiriza abuza kunywera itabi mu ruhame, ngo hari n’ibihano ku wakwinangira.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, avuga ko itegeko ribahana rihari.

Ati “Ubu rero tugiye gufatanya n’inzego zibishinzwe. Polisi yahawe amabwiriza, itegeko rihari tugomba kureba ko ryubahirizwa, aho ritubahirizwa bahanwe n’itegeko.”

Mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, harimo ko kunywera itabi mu ruhame ari icyaha gihanwa n’itegeko No 14 ryo kuwa 08/04/2013.

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ivuga ko nibura buri mwaka, miliyoni esheshatu z’abantu zipfa zizize umwotsi w’itabi kandi batarinyoye, ikindi n’uko abantu bagera kuri 12% banywa itabi mu Rwanda.

Icyakora nta mibare ihari igaragaza abahitanwa n’itabi mu Rwanda buri mwaka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera

Yvette UMUTESI

Leave a Reply