Kenya: Abakozi batarahembwa bigaragambije mu ntara 20

Aba bakozi batarahembwa ukwezi kwa
karindwi barahiye barirenga ko guhera kuri uyu wa Gatatu servisi zose zigomba
gupfa kugeza bishyuwe, n’ubwo ngo leta nta bushake igaragaza bwo gukemura
ikibazo.

Ikinyamakuru
The Nation cyanditse ko umunyamabanga nshingwabikorwa wa sendika y’abakozi
b’intara, yavuze ko nta gisibya iyi myigaragambyo igomba kuba.

Abasenateri
bari basabye ko intara zifata miriyari 355 z’amashilingi akoreshwa muri Kenya
zigakemura ikibazo, ariko inteko ishingamategeko yabyitambitsemo ivuga ko aya
mafaranga yaba ari menshi cyane, ahubwo bakwiye guhabwa miriyari 316 zonyine.

Iyi
myigaragambyo y’abakozi ba leta kandi ije harimbanije iy’abaganga nabo basaba
umushahara w’ukwezi kwa Gatandatu.