Ngororero: Abahinzi b’icyayi barishyuza amafaranga ya mbere y’uko Imirenge Sacco ibaho

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo mu karere ka Ngororero barasaba ko bahabwa amafaranga bari barabikije mu kigega cyihariye cyo kubitsa no kugurizanya cyaje guseswa.

Nk’uko abo bahinzi b’icyayi bo mu karere ka Ngororero babisobanura icyo kigega babitsagamo bakanagurizwa amafaranga cyaje guseswa aho gahunda y’Imirenge SACCO itangiriye,bagirwa inama yo gukomeza gukorana n’icyo kigo cy’imari maze giseswa ubwo.

Mu guseswa ariko hari abahinzi bari bagifitemo amafaranga kugeza magi ngo aya niyo bagisaba.

NSHIMIYIMANA Alex ni umwe muri bo aragira ati “Ni amafaranga twabikije cyera mu kigega  cyahoze ari CCT, icyo kigega baragisheshe ariko amafaranga abahinzi bari bafite kuri konti ntayo babonye.”

SANGIRUKIZE Vincent nawe ati “Nyuma baza gufunga ngo nta buzima gatozi dufite ,amafaranga yararimo batangira kuyadusubiza nyuma baza kuyafunga none turayabaza bakatubwira ngo tuzayahabwa n’Akarere.”

Amafaranga aba bahinzi b’icyayi bishyuza byumvikana ko ashobora kuba amaze igihe kinini niba ari aya mbere y’ishyirwaho ry’imirenge SACCO ariko na n’uyu munsi barasiragira mu nzego zitandukanye bishyuza.

Nyirambabazi ati “Ni kenshi aya mafaranga tuyasaba none rero twabatuma mukadutumikira amafaranga yacu bakayatwoherereza.”

Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe y’Abahinzi b’Icyayi mu Rwanda bwemera ko hari abahinzi batahawe amafaranga bari bafite igihe icyo kigega cyaseswaga, kubera impamvu Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Abahinzi b’Icyayi mu Rwanda  KARAMAGA François akomeza asobanura.

Ati “ Igihe cyo guseswa rero abari barabikije ntabwo bayabonye abari barasabye imyenda nabo ntabwo bishyuye.”

Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe y’Abahinzi b’Icyayi buvuga ko hafashwe icyemezo cyo kubanza kumenya neza umubare w’abishyuza amafaranga ndetse n’uwabari baragurijwe amafaranga n’icyo kigega mbere y’uko giseswa, hanyuma hagashyirwaho uburyo bwo kwishyura  abahinzi ariko bikajyana no kwishyuza abambuye ikigega.

KARAMAGA François yagize ati “Twumvikanye na Koperative yabo ko hagomba kubanza kumenyekana umubare w’abantu babuze amafaranga yabo  n’abantu bafite imyenda y’ikigega bangana iki? I lisiti bari kuyinoza, nkaba ntekereza ko abo bari bahawe imyenda dutangira kubakata kugira ngo ahabwe abari bayafitemo.”

Aba bahinzi b’icyayi bo muri Ngororero  bavuga ko amafaranga bishyuza yose hamwe akabakaba miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda.

Tito DUSABIREMA