Kinyinya: Umurenge n’Akagari banyuranije imvugo ku mafaranga yakwa abaturage yo kugura ‘Ambulance’

Hari abaturage bo mu
murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo bavuga ko batakiriye neza icyemezo
cy’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze cyo kubaka amafaranga yiswe umusanzu wo kugura imbangukiragutabara.

Ibaruwa
bigaragara ko yanditswe n’ubuyobozi bw’umudugudu wa Rukingu wo mu kagari ka
Kagugu umurenge wa Kinyinya ikaba yaranashyizweho umukono n’umukuru w’uwo
mudugudu tariki 10 Nzeri 2019.

Iyo
baruwa twaboneye kopi iributsa abaturage b’uwo mudugudu ko hashingiwe ku
myanzuro y’umwiherero w’abayobozi kuva ku rwego rw’umurenge kugeza ku
rw’umudugudu   hafashwe umwanzuro wo
kugura ingobyi y’abarwayi cyangwa Ambulance.

Iyi
baruwa yibutsaga abaturage b’Umudugudu wa Rukingu ko basabwa amafaranga y’u
Rwanda Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu na mirongo itanu y’umusanzu wo kugura
iyo Ambulance.

Bitandukanye
n’ibyanditse muri iyo baruwa abayobozi mu nzego z’ibanze bo bavuga ko
igitekerezo cyo kugura iyo ngobyi cyaturutse mu baturage nk’uko byemezwa
n’umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambere mu Kagari ka Kagugu.

Ati
Ni icyifuzo cy’abaturage ariko kubera gahunda nyinshi zagiye
ziherwaho nticyahita gishyirwa mu bikorwa, ariko uyu mwaka abaturage bifuje ko
byakorwa. Basaba ko byatangira gushyirwa mu bikorwa ndetse ubu biri gukorwa
neza.”

Hari
abaturage bumvikana nk’abatera utwatsi ibivugwa n’abayobozi mu nzego z’ibanze
mu murenge wa Kinyina, barahakana ko nta gitekerezo cyo kugura ambulance bigeze
bagira, dore ko ngo hari ibindi bakeneye mbere ya  ambulance n’ubwo ngo nayo bayikeneye.

Umwe
ati “Ntabwo bibaho, umuturage yatekereza kugura imodoka ya ‘Ambulance’
yananiwe kugura ikilo cy’ibirayi?”

Twasanze
hari abaturage bamaze gutanga uwo musanzu n’abateganya kuwutanga ariko abenshi
bahurira kukuba barabikoze cyangwa bazabikora kubwo kubaha itegeko ry’abayobozi
babo gusa.

Naho
ubundi ntibiyumvisha uburyo bakwakwa umusanzu wo kugura Ambulance.

Twahisemo
kudatangaza imyirondoro yabo ku bw’umutekano wabo.

Umwe
ati “Ntabwo twarwanya leta ni n’icyaha…nsigaranye ibilo 10
by’ibishyimbo  ntabwo nkubeshya ni ukuri.
Ariko nagurishamo ikilo kimwe nkatanga umusanzu wo kugura ‘Ambulance’.

Mugenzi
we ati “Hari umurongo nasomye muri Bibiliya uvuga ngo leta numve itegeko
ryayo n’Imana numve itegeko ryayo ni n’ubwo buryo njye nanayatanze n’iyo byaba
bibangamye ntacyo nabikoraho.”

Ubuyobozi
bw’Umurenge wa Kinyinya bwabwiye itangazamakuru rya Flash ko hari amabwiriza
yaturutse hejuru yo guhagarika kwaka abaturage amafaranga y’umusanzu wo kugura ‘Ambulance’
kandi ko hari gutegurwa uburyo abayatanze bayasubizwa.

Umuhoza
Rwabukumba ayobora umurenge wa Kinyinya twavuganye ku murongo wa telefoni.

Ati
“Tukimara guhabwa amabwiriza  nibwo
twabihagaritse, ubu gahunda  yari iriho
ni iyo kugira ngo dufate amazina y’abayatanze hanyuma habeho gahunda yo
kuyabasubiza.”

Ibitangazwa
n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya ninabyo twabwiwe
n’umuyobozi w’Akarere ka Gasabo.

N’ubwo
inzego z’ibanze zivuga ibi, hari umuturage wo mu kagari ka Kagugu watweretse
ubutumwa bugufi aho umuyobozi w’isibo yamwishyuzaga uwo musanzu wo kugura ‘Ambulance’
tariki 22 Ukwakira 2019, bivuze ko hari abaturage bakomeje kwakwa ayo
mafaranga.

Akagari
ka Kagugu konyine mu tugize Kinyinya ngo kasabwaga amafaranga y’u Rwanda agera
kuri Miliyoni icyenda, muri Miliyoni 30 ubuyozi bw’umurenge buvuga ko bwari
gukusanya mu baturage.

Ubwo
Twageraga ku biro by’ako kagari ka Kagugu twabonye impapuro ziriho urutonde
rw’abatanze ayo mafaranga n’izindi zerekana ko yashyizwe kuri Konti.

Umubare
munini ukaba waratangaga ari hagati y’igihumbi kimwe n’amafaranga ibihumnbi
bitanu.

Tito
DUSABIREMA