Kigali: Baheka abarwayi mu ngobyi kubera nta muhanda

Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Kigali akagari ka Rwesero barasaba ko bakorerwa umuhanda na bo bakagera mu iterambere.

Usibye kuba nta bikorwa by’iterambere biri muri aka gace, bavuga ko bagiheka n’abarwayi mu ngobyi kugira ngo babageze kwa muganga ku bwo gukena umuhanda.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge buvuga ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka, aba baturage bazakorerwa umuhanda nyabagendwa.

Abatuye mu kagari Rwesero mu murenge wa Kigali baravuga ko kutagira umuhanda byabashyize mu bwigunge kuko batabona uko bahahirana n’abandi, bakaba nta n’ibikorwa by’iterambere bibageraho kuko abakabizanye batabona umuhanda banyuramo.

Nshimiyimana Moise avuga ko kutagira umuhanda byabasubije inyuma yagizeati “Inaha nta muhanda tugira, ikitwa umuhanda ni ibinogo nta modoka ihaca mu buryo nyabagendwa, kereka amamoto na yo ni ukujyenda anyerera”.

Undi yunzemo ati “Umuhanda wo ni mubi rwose, umuntu udafite imbaraga we ntiyabasha no kuwucamo”.

Aba baturage barasaba ko bakwegerezwa umuhanda, urugendo rukoroha bagashobora kugendererwa no kugenda mu buryo bworoshye, ibyo babona ko byanabafasha mu gukora ibyababyarira inyungu banahinga  bakabona ababagurira umusaruro  wabo, bataguriwe  n’ababasanga mu ngo babahera ku giciro bishakiye.

Nshimiyimana Moise ati “ Abarwayi tubaheka mu ngobyi kugira ngo tubageze kwa muganga, kuko nta modoka yabona ahica imujyana kwa muganga”.

Undi muturage uhatuye yunzemo ati “Baduhaye umuhanda byadufasha kwiteza imbere, kuko nta n’ibikorwa bihari kuko nta muhanda; nk’inganda, amashuri n’ibindi”.

Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge wungirije ushinzwe ubukungu, Nsabimana Vedaste mu magambo macye yavuze ko  aba baturage bagiye guhabwa umuhanda mu ngengo y’imari y’uyu mwaka.

Ati “Umuhanda uri muri gahunda y’ingengo y’imari y’uyu mwaka, uzamanuka hejuru kuri Mont Kigali ukabageraho”.

Umurenge wa Kigali ni umwe mu yigize akarere ka Nyarugenge. Igice cyawo kinini kigizwe n’icyaro ndetse ubuzima bw’abahatuye, n’ubwo bwose ari mu mujyi wa Kigali bushingiye ku buhinzi.

Yvette Umutesi