Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6131

Deprecated: Function WP_Dependencies->add_data() was called with an argument that is deprecated since version 6.9.0! IE conditional comments are ignored by all supported browsers. in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6131
Rusesabagina yageze muri Amerika - FLASH RADIO&TV

Rusesabagina yageze muri Amerika

Paul Rusesabagina yageze muri Leta Zunze ubumwe za Amerika nk’uko umuryango ww wabitanage.

Mu butumwa umukobwa we Carine Kanimba yanyujije kuri Twitter, yavuze ko yishimiye ko umuryango we wongeye guhura.

Ati “Papa yageze i San Antonio muri Texas. Ndashimira buri wese wakoze cyane kugira ngo agaruke mu rugo. Umuryango wacu wongeye guhura uyu munsi.”

Rusesabagina w’imyaka 68, yavuye muri Qatar kuwa gatatu mu gitondo n’indege ya Amerika agera i Houston muri Texas kuwa gatatu nimugoroba ku masaha yaho.

Rusesabagina hamwe n’abandi bantu 20 bareganwaga hamwe, bahawe imbabazi n’Umukuru w’Igihugu nyuma yo kwandika bazisaba.

Ku wa Gatanu nibwo Paul Rusesabagina yavanywe muri Gereza ya Nyarugenge hubahirizwa umwanzuro w’imbabazi yahawe n’Umukuru w’Igihugu.

Yahise ajyanwa mu rugo rwa Ambasaderi wa Qatar, ahamara impera z’icyumweru zose, ku wa Mbere mu gitondo yerekeza i Doha muri Qatar nk’uko byari byemeranyijweho n’impande zagize uruhare mu ifungurwa rye.

Aha ni ho yagombaga kuva yerekeza muri Amerika nk’uko byakozwe kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Werurwe 2023.