Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
"Nta muyobozi ukwiye guca amaterasi yangije imyaka y'abaturage",Min. Musafiri. - FLASH RADIO&TV

“Nta muyobozi ukwiye guca amaterasi yangije imyaka y’abaturage”,Min. Musafiri.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr.Ildephonse Musafiri yabwiye inteko rusange y’abadepite ko umuyobozi mu nzego z’ibanze utegeka ko ubutaka bw’umuturage bucibwamo amaterasi y’indinganire bikangiza imyaka y’umuturage abihanirwa.

Ni nyuma y’aho abadepite basanze hari aho amaterasi y’indinganire yaciwe ariko akangiza imyaka y’abaturage Kandi ntibishyurwe.
Kuri uyu wa kabiri Minisitiri Dr Ildephonse Musafiri yitabye inteko rusange y’abadepite kugira ngo atange ibisobanuro mu magambo ku bibazo byagaragaye muri gahunda yo kurwanya isuri no kubyaza umusaruro amaterasi y’indinganire.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr.Ildephonse Musafiri yabwiye inteko rusange y’abadepite ko mu gihembwe cy’ihinga 2024 A ubutaka bwose bwera bugomba guhingwaho imyaka yera vuba.
Umuturage ufite ubutaka bushobora guhingwaho ariko akaba adafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro ubwo butaka,buzahabwa abafite bushobozi bwo kububyaza umusaruro ariko nyirabwo ntagire icyo ahabwa gusa buzakomeza bube ubutaka bwe.