Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Rusizi: Abagabo 40 bakekwaho gusambanya abana batawe muri yombi - FLASH RADIO&TV

Rusizi: Abagabo 40 bakekwaho gusambanya abana batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2020, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe abagabo 40 bakekwaho gusambanya abana b’abangavu bakabatera inda, mu mirenge yose igize Akarere ka Rusizi.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru rya Flash, umuvugizi wa RIB, Marie Michelle UMUHOZA, avuga ko iyi ari gahunda ihuriweho n’inzego zinyuranye cyane cyane iz’umutekano, ikaba igamije kurwanya ibyaha.

Umuhoza kandi avuga ko iyi gahunda yatangiriye mu Karere ka Rusizi, ariko ikazakomereza no mu tundi turere.

Yavuze ko aba bose batawe muri yombi, biturutse ku makuru yagiye atangwa n’abaturage muri rusange, harimo n’abana batewe inda.

Aba bose bakaba ubu bafungiwe kuri station za RIB za Muganza, Nyakarenzo, Kamembe, Nyakabuye na Nkanka mu gihe dosiye zabo zirimo gukorwa kugirango zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Kanda hano wumve ikiganiro itangazamakuru rya Flash ryagiranye n’umuvugizi wa RIB Marie Michelle UMUHOZA